Urwego rw’igihugu rw’iterambere(RDB) rwatangaje igihe Kwita Izina ku nshuro ya 21 bizabera
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere ry’u Rwanda rwatangaje ko igikorwa cyo Kwita Izina abana b’ingagi mu mwaka wa 2026 giteganyijwe ku wa Gatanu tariki ya 4 Nzeri 2026, kikazabera mu Karere ka Musanze District, mu mizi ya Pariki y’Igihugu y’Ibirunga.
Iki gikorwa kimaze kumenyekana ku rwego mpuzamahanga, aho cyitabirwa n’ibyamamare bitandukanye bituruka hirya no hino ku Isi. By’umwihariko, abaturage bo mu Ntara y’Amajyaruguru bagifata nk’ibirori bikomeye byagereranywa n’ubukwe, bitewe n’inyungu zitandukanye bibazanira zirimo ubucuruzi, kumenyekanisha umuco no guhura n’abashyitsi b’ingeri zitandukanye.
Nk’uko bisanzwe, biteganyijwe ko uyu muhango uzitabirwa n’abaturage, abayobozi, abafatanyabikorwa mpuzamahanga n’abaharanira ibidukikije, bose bahurira ku ntego imwe yo gukomeza gushimangira ibikorwa byo kubungabunga ingagi zo mu misozi.
Kwita Izina ni igikorwa ngarukamwaka kigamije kwizihiza ivuka ry’ingagi nshya, kikaba n’urubuga rwo kugaragaza uruhare rw’u Rwanda mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima. Gishingiye ku muco nyarwanda wo kwita amazina abana bavuka, cyatangiye mu buryo bwa kinyamwuga mu 2005, hagamijwe kurushaho kurengera ingagi no gushishikariza abaturage kubigiramo uruhare.
Kuva icyo gihe, ingagi zirenga 400 zimaze kwitwa amazina, bigaragaza intambwe ikomeye igihugu kimaze gutera mu kurengera ubu bwoko bw’inyamaswa bwihariye.
Muri uyu mwaka wa 2026, igikorwa kigiye kuba ku nshuro ya 21, kikazibanda cyane ku nshingano za buri wese mu kurengera ingagi n’aho ziba, by’umwihariko abaturage batuye hafi ya pariki.
Nubwo imyiteguro ikomeje, umubare w’ingagi zizahabwa amazina ndetse n’abazazita amazina ntibiratangazwa.
Ku rundi ruhande, Kwita Izina ikomeje kugira uruhare rukomeye mu guteza imbere ubukerarugendo bw’u Rwanda, cyane cyane ubushingiye ku gusura ingagi zo mu misozi. Imibare igaragaza ko mu 2025, ubukerarugendo bwinjije miliyoni 685 z’amadolari y’Amerika, buvuye kuri miliyoni 647 muri 2024, bingana n’izamuka rya 6%, mu gihe umubare w’abasuye igihugu wiyongereyeho 9%, ugera kuri miliyoni 1.49.
Pariki y’Igihugu y’Ibirunga ikomeje kuba imwe mu hantu hasurwa cyane, by’umwihariko ku bashaka kureba ingagi zo mu misozi, igikorwa gikorwa hubahirizwa amabwiriza akomeye kandi gisaba uruhushya rwihariye.
Mu myaka ishize, Kwita Izina yarenze kuba umuhango usanzwe, ihinduka ikimenyetso cy’ubwitange bw’u Rwanda mu kubungabunga ibidukikije mu buryo burambye kandi bufite aho buhuriye n’abaturage.
Iyi gahunda ihuza umuco n’iterambere rirengera ibidukikije, igatuma u Rwanda rukomeza kwigaragaza ku rwego mpuzamahanga nk’igihugu kiyoboye mu bukerarugendo burambye no mu kurengera inyamaswa.
Ku nshuro ya 21, Kwita Izina 2026 itegerejweho kongera kuba igikorwa gikomeye gihuza umuco nyarwanda, kubungabunga ibidukikije n’iterambere ry’ubukungu bw’igihugu.

