AmakuruUbukerarugendo

Kwita Izina 2026: Patrice Evra yahaye ingagi izina ‘Muganura’, Mamadou Sakho aravuga ati “Kuva uyu munsi ndi Umunyarwanda”

Isi yose yongeye kwerecyeza amaso i Kinigi mu Karere ka Musanze ahabereye umuhango wo Kwita Izina abana b’Ingagi ku nshuro ya 21, yatanzwe n’abarimo abafite amazina azwi ku Isi, nka rurangiranwa mu mupira w’Amaguru Patrice Evra wahaye izina umwana w’Ingagi rya ‘Muganura’.

Ni umuhango wongeye kubera mu kibaya cya Kinigi mu ntanzi za Pariki y’Igihugu y’Ibirunga isanzwe ari iwabo w’Ingagi zo mu Birunga zisigaye hacye ku Isi, harimo mu Rwanda.

Ibi birori byitabiriwe n’abaturutse mu bice bitandukanye by’Isi, barimo abasanzwe bafite amazina azwi, ndetse n’abaturage bo mu Karere ka Musanze.

Ibi birori kandi byayobowe na Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wari Umushyitsi Mukuru, wahagarariye Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame muri ibi birori bibaye ku nshuro ya 21.

Ni ibirori kandi byagarayemo gususurutsa ababyitabiriye, aho abahanzi barimo The Ben, Rideman, Bushali na Kivumbi Kingi baririmbiye abitabiriye iki gikorwa.

Amazina yiswe abana b’Ingagi

Rurangiranwa mu mupira w’amaguru, Patrice Evra, ubwo yatambukaga ngo yite umwana w’Ingagi Izina, mu rurimi rw’Ikinyarwanda yagize ati “Nishimiye kuba hano mu Rwanda.” Akomeza agira ati “Buri gihe nishimira Igihgugu cyanyu n’abagituye.”

Yavuze ko ubwo yasuraga Urwibutso rwa Kigali rwa Jenoside yakorewe Abatutsi, yababajwe n’ibyo yabonye, ariko ko yishimiye kubona uko u Rwanda rwongeye kwiyubaka, ubu rukaba ari Igihugu cy’intangarugero.

Patrice Evra wise umwana w’Ingagi izina rya “Muganura”, yavuze ko yagombaga gutaha kuri uyu wa Gatandatu, ariko ko yumva agomba gusubika urugendo rwe, akongera igihe cyo kuguma mu Rwanda, kuko yarwishimiye bitagira urugero.

Kenza Johanna Ameloot wabaye Nyampinga w’u Bubiligi mu 2024, unafite inkomoko mu Rwanda, yatangiye agira ati “Kugera mu Rwanda buri gihe numva ngeze iwacu.” Yise umwana izina ‘Nkwakuzi’.

Umufaransa Mamadou Sakho ufite izina rikomeye mu mupira w’amaguru, wakiniye makipe atandukanye arimo Paris Saint- Germain y’iwabo mu Bufaransa, Liverpool na Crystal Palace zo mu Bwongereza, umwana w’Ingagi yise, yamuhaye izina rya ‘Ntwarane’, asoza avuga ko “Kuva uyu munsi ndi Umunyarwanda.”

Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana Israel Mbonyi, yise umwana w’Ingagi izina rya ‘Impeta’, bisobanuye “Igihembo, ikimenyetso cyo kuzirikana no guha agaciro.”

 

Amazina yose yiswe Abana b’Ingagi n’ababise

Shaikha Al Nuwais: Ishakwe

Dominic Barton: Umukondo

Paul Danforth: Shikama

Miguel Angel Gil Marin: Inkera

Ahmed Sadek Elsewedy na Anita Dravec: Rugamba

Olivier na Quitterie Granet: Umucyo

Garreth na Nicola Wood: Ngabonzima

James Chester: Ndongozi

Jeannette Uwimbabazi: Ndahiro

Francesco Calvo: Ngoga

David Lappartient: Muhuza

Dominique Laura Plewes: Komezutsinde

Mamadou Sakho: Ntwarane

Mutaz Barshim: Tarama

Alastair Fothergill: Mpinga

Neil na Susan McDougall: Ruhembe

Patrice Evra: Muganura

Israel Mbonyi: Igihembo

Kenza Johanna Ameloot: Nkwakuzi