Umushinga wa Kungahara witeguye gusiga abahinzi bafite ubushobozi bwo kongera umusaruro no kugabanya igihombo nyuma y’isarura
Abafatanyabikorwa b’Umushinga wa Kungahara, uterwa inkunga n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), baravuga ko ibikorwa byawo bimaze gutanga umusaruro mu kongera ubushobozi bw’abahinzi, guteza imbere umusaruro w’imboga, imbuto n’ibirayi, ndetse no kugabanya igihombo giterwa no kwangirika kw’imyaka nyuma y’isarura.
Ibi byagarutsweho mu nama ya Komite Ngishwanama y’Umushinga wa Kungahara yabereye mu Karere ka Musanze ku wa 10 Nzeri 2026, nyuma y’urugendoshuri rwabaye ku wa 9 Nzeri, aho abayitabiriye basuye ibikorwa by’umushinga mu turere twa Musanze na Nyabihu.
Mbonyi Paul, ukorera umuryango ushinzwe kurengera abaguzi mu Rwanda ADECOR, yavuze ko Komite Ngishwanama ari urwego rukuru rutanga icyerekezo ku ishyirwa mu bikorwa ry’umushinga, rukagira uruhare mu kureba niba ibikorwa bigera ku ntego byashyiriweho.
Ati: “Twakoze inama ya Komite Ngishwanama ku ishyirwa mu bikorwa ry’Umushinga wa Kungahara. Ni umushinga uterwa inkunga n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, ugashyirwa mu bikorwa na Rikolto, Kilimo Trust na ADECOR.”
Yavuze ko, kubera ko uyu ari umwaka wa nyuma w’umushinga, inama yari igamije cyane gusuzuma aho ibikorwa bigeze, ariko cyane cyane kureba ingamba zatuma ibyagezweho bibungabungwa kandi bigakomeza gutanga umusaruro na nyuma y’uko umushinga urangiye.
Kungahara yashyize imbaraga mu guteza imbere urwego rw’ubuhinzi, cyane cyane urw’ibirayi, imboga n’imbuto, binyuze mu kongerera abahinzi ubumenyi n’ubushobozi, kubafasha kubona imbuto zinoze no guteza imbere ikoranabuhanga rigezweho mu buhinzi.
Muri gahunda zo kugabanya igihombo nyuma y’isarura, hubatswe ibikorwa remezo birimo ubwanikiro by’ibitunguru na tungurusumu, ndetse n’ibyumba bikonjesha bifasha kubika umusaruro w’imboga mu buryo bwiza mbere y’uko ugezwa ku isoko.
Hari kandi ibikorwa byo gutubura imbuto z’ibirayi mu byiciro bitandukanye, bigaherekezwa n’amahugurwa agamije kongerera abahinzi ubumenyi ku micungire y’umusaruro n’uburyo bwo kuwongerera agaciro.
Umushinga kandi wibanze ku guhuza abahinzi, abacuruzi, inzego z’ibanze n’abandi bafatanyabikorwa bo mu ruhererekane nyongeragaciro rw’ibiribwa, hagamijwe ko umusaruro ugera ku isoko wujuje ubuziranenge. Ibi byakorewe no mu masoko arimo Kariyeri mu Mujyi wa Musanze, Gataraga na Mukamira.
Kain Mvanda, Umuyobozi Mukuru wa Rikolto East Africa, yavuze ko Rikolto iri gushyira mu bikorwa gahunda y’imyaka itanu yatangiye mu 2022 mu Rwanda, Tanzania, Uganda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho Kungahara ari umwe mu mishinga iri muri iyo gahunda.
Yavuze ko Kungahara ari umushinga w’imyaka itanu uterwa inkunga n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, ukaba ugamije gufasha abahinzi bagera ku 6,000 kongera umusaruro n’umusaruro kuri hegitari, cyane cyane mu bihingwa bifite uruhare mu mirire myiza birimo imboga n’imbuto.
Ati: “Twashyizeho ikoranabuhanga rigezweho mu buhinzi, dufasha abahinzi kubona imbuto zinoze n’ubundi buryo bubafasha kongera umusaruro. Ariko ntitwarebye ku musaruro gusa; twanibanze ku kibazo cy’igihombo nyuma y’isarura, cyane cyane mu buhinzi bw’imboga.”
Mvanda yavuze ko igihombo nyuma y’isarura mu bihingwa by’imboga gishobora kugera kuri 40% iyo nta bikorwa bihagije byo kubungabunga umusaruro bikozwe.
Mu rwego rwo kugabanya icyo gihombo, umushinga washyizeho ubwanikiro bukoresha ingufu z’izuba, bukaba bufasha abahinzi kumisha umusaruro mu buryo bwizewe kandi butabangamiwe n’imvura nk’uko byagendaga iyo bawanikaga ahantu hatwikiriye bidahagije.
Yagaragaje ko ubwo buryo bwagize uruhare mu kuzamura ubuziranenge bw’ibitunguru no kongera ubushobozi bw’abahinzi bwo guhabwa igiciro cyiza ku isoko.
Ati: “Igiciro abahinzi bahabwaga mbere cyari hafi ya 300 Frw, ariko ubu hari aho bageze kuri 600 Frw, bitewe n’ubuziranenge bw’umusaruro ndetse n’ubushobozi bwo kuwushyira hamwe no kuwugurisha bafite imbaraga mu biganiro n’abaguzi.”
Mu Karere ka Musanze kandi, Umushinga wa Kungahara wagaragaje ibikorwa bigamije kunoza isuku n’umutekano w’ibiribwa. Mu gace ka Gataraga, abahinzi bakoresha ahantu hihariye ho koza karoti, aho amazi akoreshwa ava mu isoko ry’amazi meza aho gukoresha amazi y’umugezi ashobora kuba yarandujwe.
Icyo gikorwa kandi gikoresha ingufu z’imirasire y’izuba mu kuvoma amazi, bikaba biri mu rwego rwo guteza imbere ibikorwa birambye kandi birengera ibidukikije.
Ngendahayo Jean, Umuyobozi ushinzwe Ubuhinzi, Ubworozi n’Umutungo Kamere mu Karere ka Musanze, yavuze ko ibikorwa basuye ku wa 9 Nzeri, birimo gutubura imbuto z’ibirayi n’ahogerezwa karoti muri Gataraga, ari ibyitezweho gutanga umusaruro urambye.
Yavuze ko ibikorwa byo gutubura imbuto z’ibirayi bikorwamo ku bufatanye n’urubyiruko, bikaba bifasha guhanga imirimo no kongera imbuto z’ibirayi zikenerwa n’abahinzi bo muri Musanze ndetse no mu turere duturanye.
Ngendahayo kandi yashimiye ibikorwa bya Koperative Dukomeze Ubuzima igizwe n’abantu bafite ubumuga, ikora ibikorwa by’ubuhinzi no kubika neza umusaruro w’ibitunguru na tungurusumu.
Yavuze ko iyi koperative imaze gutera imbere ku buryo itangiye kugeza umusaruro wayo muri hoteli ndetse ikaba ifite n’amasoko yo hanze y’u Rwanda, arimo Kenya.
Ati: “Ni igikorwa gikomeye kuko abagize iyi koperative ari abantu bafite ubumuga bihuje bakerekana ubushobozi bwabo. Icyo bavuga ko ‘n’ufite ubumuga arashoboye’ ni isomo rikomeye, kuko ibikorwa byabo bifasha n’abandi badafite ubumuga.”
Umushinga wa Kungahara washyizwe mu bikorwa mu gihe cy’imyaka itanu, ugamije guteza imbere urwego rw’ibirayi, imboga n’imbuto, kongera umusaruro n’umusaruro kuri hegitari, kugabanya igihombo nyuma y’isarura, guteza imbere ubuziranenge bw’ibiribwa no gufasha abahinzi kugera ku masoko afite agaciro.
Abafatanyabikorwa b’umushinga bavuga ko mu mwaka wa nyuma wawo, imbaraga nyinshi ziri gushyirwa ku buryo ibikorwa remezo n’ubushobozi byubatswe mu bahinzi bizakomeza gukoreshwa no gutanga umusaruro urambye n’igihe Kungahara izaba yarangiye.











