AmakuruUtuntu n'utundi

Padiri wo muri Gatsibo yafatiwe mu gusomera misa ahatemewe ku munsi wa Pasika

Umupadiri wa Kiliziya Gatolika ukorera muri Paruwasi ya Kiziguro, mu Karere ka Gatsibo, yafashwe n’inzego z’umutekano nyuma yo gusanga ari gusomera misa ahantu hatemewe.

Ibi byabaye ku Cyumweru cya Pasika, tariki ya 5 Mata 2026, mu Murenge wa Kabarore, aho uyu mupadiri yari ari kuyobora igitambo cya misa muri ‘couvent’ y’ababikira, kandi nta burenganzira yari abifitiye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabarore, Rugaravu Jean Claude, yasobanuye ko uwo mupadiri yari yavuye i Kiziguro aza i Kabarore, ariko ibikorwa yakoze byo gusomera misa bitari byemewe kuko aho byabereye hadahawe uburenganzira bwo gusengerwamo.

Yagize ati: “Ku munsi wa Pasika, hari abantu basengejwe muri couvent y’ababikira i Kabarore, nyamara ntabwo byari byemewe kuko aho hantu hatajuje ibisabwa. Ni yo mpamvu hafashwe ingamba zo kumufata.”

Uyu muyobozi yakomeje asaba abaturage kwitwararika abantu biyita abakozi b’Imana babashuka bakabajyana gusengera ahantu hatemewe, cyane cyane mu nsengero zafunzwe cyangwa ahandi hadakwiye kwakirirwa ibikorwa by’iyobokamana.

Yagize ati: “Turaburira abaturage kutemera kujyanwa gusengera ahatemewe, kuko bishobora kubashyira mu bibazo by’amategeko. Insengero zafunzwe zizafungurwa ari uko zujuje ibisabwa.”

Kuri ubu, amakuru ava mu buyobozi agaragaza ko uwo mupadiri ashobora kurekurwa nyuma yo kuganirizwa no kwigishwa ku mategeko agenga ibikorwa by’amadini.

Ku rundi ruhande, Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imiyoborere (RGB), Dr. Doris Uwicyeza Picard, aherutse gutangariza Inteko Ishinga Amategeko ko insengero n’imisigiti 9,171 zafunzwe kubera kutubahiriza amategeko, ariko hari icyizere ko zimwe zizafungurwa vuba uko zizagenda zuzuza ibisabwa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *