Politiki

INTAMBARA IKOMEJE KWAGUKA: umutwe wa Hezbollah waburiye Abanya-Israel

Umutwe witwaje intwaro wa Hezbollah ukorera muri Libani waburiye Abanya-Israel batuye mu mijyi iri mu ntera ya kilometero 5 uvuye ku mupaka uhuza Israel na Libani kuhava byihuse, mu gihe imirwano hagati y’impande zombi ikomeje gukaza umurego.

Iri tangazo ryashyizwe ahagaragara mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, rinyujijwe ku rubuga nkoranyambaga rwa Telegram rwa Hezbollah rwanditse mu rurimi rw’Igiheburayi, nk’uko byatangajwe n’ibiro ntaramakuru Reuters.

Mu butumwa bwayo, Hezbollah yatangaje ko ibitero by’igisirikare cya Israel ku butaka bwa Libani bitazagenda nta ngaruka.

Yagize iti:“Ubushotoranyi bw’igisirikare cyanyu ku busugire bwa Libani no ku mutekano w’abaturage, isenywa ry’ibikorwa-remezo bya gisivile hamwe n’igikorwa cyo kwirukana abaturage kirimo gukorwa ntabwo bizagenda nta cyo bikozweho.”

Iri burira ryatanzwe nyuma y’uko igisirikare cya Israel (IDF) gitangije ibitero bikomeye mu bice bitandukanye bya Libani, cyane cyane mu nkengero z’amajyepfo y’umurwa mukuru Beirut, aho Hezbollah ifite ibirindiro bikomeye.

Ku mugoroba wo ku wa Kane, Israel yari yabanje gusaba abaturage batuye mu bice bya Dahiyeh mu majyepfo ya Beirut kuhava vuba, mbere yo gutangira ibitero byo mu kirere byibasiye ibyo bice bivugwa ko birimo ibikorwa-remezo bya Hezbollah.

Ibi bitero bibaye mu gihe amakimbirane mu Burasirazuba bwo Hagati akomeje gukwira mu bihugu byinshi. Mu minsi ishize, Hezbollah yatangiye kugaba ibitero bya roketi na drones kuri Israel, bituma Israel nayo yohereza ingabo nyinshi ku mupaka no gutangiza ibitero byo mu kirere muri Libani.

Raporo zitangwa n’inzego z’ubuzima muri Libani zivuga ko abantu barenga 120 bamaze kugwa muri ibi bitero mu cyumweru gishize, abandi barenga 600 barakomereka, nubwo imibare itandukanya abasivile n’abarwanyi itaratangazwa neza.

Hagati aho, Israel yatangaje ko itateganya kwimura abaturage bayo batuye hafi y’umupaka, ahubwo ko iri kongera ingabo muri ako gace mu rwego rwo kurinda umutekano w’abaturage bayo.

Abasesenguzi mpuzamahanga bavuga ko uku kwiyongera kw’imirwano hagati ya Hezbollah na Israel gushobora gukurura indi ntambara nini mu karere, cyane cyane ko Iran ishyigikira Hezbollah, mu gihe Israel nayo ifashwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *