AmakuruUbukungu

U Rwanda rurikubaka icyogajuri kidasanzwe kizafasha mu buhinzi

Mu Rwanda hari kubakwa icyogajuru kizwi nka ‘Hyperspectral 6U CubeSat’. Iki ni icyogajuru gitandukanye n’ibisanzwe kuko kizaba gifite ubushobozi bwo gufata amashusho mu mabara yose hifashishijwe ’sensors’, bitandukanye n’ibyari bimenyerewe bifata amashusho mu mabara atatu gusa.

Ni icyogajuru kibasha gutanga amakuru nyayo gikurura ku butaka nko ku bimera mu murima, amakuru ahamye y’ibigize ubutaka n’ibindi. Aho ni mu rwego rw’ubuhinzi.

Iki cyogajuru kiri kubakwa n’Ikigo cya TRL Space Rwanda gikora ibyogajuru bito bizwi nka ‘CubeSat’, gikomoka muri Repubulika ya Tchèque. Kimaze imyaka itatu gikorera mu Rwanda, kikaba gifite icyicaro mu nyubako ya Norrsken House Kigali.

Ubu abenshi mu benjeniyeri bakorana n’iki kigo ni Abanyarwanda bahugurwa na bagenzi babo baba baturutse mu bihugu by’i Burayi.

Iki cyogajuru kizaba gifite ibiro biri hagati ya 10 na 12. Ibi byogajuru akenshi biba bifite sentimetero 10 z’uburebure bwo kuva hasi ujya hejuru, sentimetero 20 z’ubugari na sentimetero 30 z’uburebure bwo kuva imbere ujya inyuma.

Cyatangiye kubakwa muri iki cyumweru, kikaba kiri gukorwaho n’abenjeniyeri 20 barimo barindwi bakomoka mu Rwanda.

Biteganyijwe ko mu mezi 20 ari imbere, ari bwo kizaba cyamaze gutunganywa. Ni ukuvuga muri Kamena 2026.

Nyuma, kizahita cyoherezwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kugira ngo cyoherezwe mu Isanzure. Kigomba guhagurukira kuri kimwe mu byanya byabugenewe birimo icya Kennedy Space Center cyangwa icya Cape Canaveral muri Florida, bisanzwe bikoreshwa na SpaceX mu kohereza ibyogajuru mu butumwa.

TRL Space Rwanda igaragaza ko yamaze kugena ‘Falcon 9 launcher’ ya SpaceX nka rocket izafasha mu kugeza iki cyogajuru mu Isanzure.

Iki cyogajuru kizaba cyanditse ku Rwanda, kizamara imyaka itanu mu Isanzure muri kilometero 510 uvuye ku butaka, aho kizajya gitanga amakuru azajya yifashishwa cyane mu rwego rw’ubuhinzi, ariko ashobora gufasha no mu mutekano, itumanaho, n’ahandi.

Ubu Ikigo gishinzwe iby’Isanzure mu Rwanda, Rwanda Space Agency- RSA, kiri gutunganya ikusanyirizo ry’amakuru, rizajya ryoherezwaho ayafashwe n’iki cyogajuru kugira ngo abyazwe umusaruro.

Kugeza ubu hamaze gukorwa ishoramari rya miliyoni 1$ [miliyari 1.3 Frw] muri uyu mushinga kandi bikaba byitezwe ko aya mafaranga aziyongera.

Umuyobozi Mukuru wa TRL Space Rwanda, Petr Kapoum, mu kiganiro na IGIHE yavuze ko nyuma yo kohereza iki cyogajuru mu Isanzure, intego ari uko buri mwaka hazajya hoherezwa ikindi mu izina ry’u Rwanda.

Ati “Intego yacu ni ukugira ibyogajuru bitanu by’u Rwanda, nyuma y’iki buri mwaka tuzajya twohereza ikindi kugeza bibaye bitanu.”

Yavuze ko nyuma yo kohereza icyogajuru cya mbere bizaba bifite icyo bisobanuye.

Ati “Icya mbere nitucyohereza, benshi bazakenera gukoresha ubwo bumenyi n’ibikorwaremezo bityo bibyare inyungu, bitangire gukoreshwa mu buryo bw’ubucuruzi ariko na none no mu buryo budaharanira inyungu.”
i

One thought on “U Rwanda rurikubaka icyogajuri kidasanzwe kizafasha mu buhinzi

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *